<?xml version="1.0" encoding="UTF-8"?>
<rss version="2.0"
     xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
     xmlns:sy="http://purl.org/rss/1.0/modules/syndication/"
     xmlns:admin="http://webns.net/mvcb/"
     xmlns:rdf="http://www.w3.org/1999/02/22-rdf-syntax-ns#"
     xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
     xmlns:media="http://search.yahoo.com/mrss/">
<channel>
<title>kpmedia24.com &#45; Icyiciro: UBUREZI</title>
<link>https://kpmedia24.com/rss/category/uburezi</link>
<description>kpmedia24.com &#45; UBUREZI</description>
<dc:language>rw</dc:language>

<item>
<title>Cleophas Barore yagarutse ku ndangagaciro yakuye muri IFAK zamwubakiye ubuzima n’umwuga</title>
<link>https://kpmedia24.com/cleophas-barore-yagarutse-ku-ndangagaciro-yakuye-muri-ifak-zamwubakiye-ubuzima-numwuga</link>
<guid>https://kpmedia24.com/cleophas-barore-yagarutse-ku-ndangagaciro-yakuye-muri-ifak-zamwubakiye-ubuzima-numwuga</guid>
<description><![CDATA[ Ubwo Ishuri rya IFAK Kimihurura ryizihizaga isabukuru y’imyaka 62 rimaze ritanga uburezi mu Rwanda, ku wa Gatandatu taliki 07 Gahyantare 2026, Cleophas Barore, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yagarutse ku rugendo rwe rwo kwiga muri iri shuri no ku ndangagaciro yavuze ko zamubereye inkingi mu buzima bwe n’umwuga we ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202602/img_w860_6988b53a385d67-97111251.jpg" length="85710" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Sun, 08 Feb 2026 18:11:00 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Cleophas Barore yize muri IFAK Kimihurura kuva mu mwaka w’1985 kugeza mu 1991, aho yaherewe ubumenyi n’uburere avuga ko bitigeze bimuvamo, n’ubu agifata nk’umurage wihariye.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: <i>“Kuri iyi sabukuru y’imyaka 62, biranejeje kuba turi kumwe n’abayobozi b’iri shuri, abaharerera n’abahize, dushima Imana ariko tunashimira umusaserodoti yakoresheje Don Bosco, akamushyiramo umutima wo gukunda urubyiruko no kwita ku buzima bw’abana, by’umwihariko abaturuka mu miryango idafite amikoro menshi,”</i></span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Yibutse by’umwihariko umuco wihariye warangaga IFAK wo guha abanyeshuri ijambo ry’ubwenge buri munsi, rizwi nka <i>“le mot du soir”</i>, ubu ryahindutse <i>“le mot du matin”</i> bitewe n’uko hari abanyeshuri biga bataha.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: <i>“Iryo jambo rya buri munsi ryari ijambo utapfa kwibagirwa. Kumva ko uwo muco ukomeje, ko abanyeshuri baganirizwa buri munsi ijambo ryuje ubwenge n’inama, nta muntu wize muri IFAK utarikumbura,”</i></span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Barore avuga ko umunsi nk’uyu wo guhura n’abo biganye uba ari umwanya wo kwibuka amateka n’ibihe byaranze ubuzima bwabo bw’ishuri, nubwo hari byinshi byahindutse mu burezi bwo muri iki gihe.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: <i>“Iyo ubonye abo mwiganye, ukabona abo waje uhasanga n’abo wahasize, ubona ari umwanya mwiza wo kwibuka. Hari byinshi byahindutse ariko hari n’ibidahinduka biranga amateka ya IFAK n’ibihe twahasanze,”</i></span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Yagarutse ku buryo uburere bw’Abasaliziyani bushingiye ku kwegera abana, aho abarezi babanaga n’abanyeshuri mu buzima bwa buri munsi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: <i>“Twakinaga umupira n’abapadiri n’abafurere. Harimo ubuvandimwe, hari no kutwibutsa ko n’iyo tutakomeza inzira yo kwiha Imana, byibuze tugomba kuba abaturage bafitiye igihugu akamaro,”</i></span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Mu ndangagaciro avuga ko yahavanye harimo guca bugufi, kugira gahunda no guhora wunguka ubumenyi. Avuga ko n’ibihano bahabwaga byabaga bigamije kububaka, aho guhana byabaga ari ukwigisha.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: <i>“Iyo wabaga wakererewe, igihano cyabaga ugusoma igitabo ukazatanga incamake yacyo. Wabaga uhanwe ariko ugasohokamo wungutse ubumenyi. Byari igihano kirimo kurera,”</i></span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Avuga ko abana biga muri IFAK uyu munsi ari abanyamahirwe, kuko ishuri rikomeje gukomera ku nzozi za Don Bosco zo kurera umuntu wuzuye, ufite icyo amarira Kiliziya n’igihugu.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: <i>“Padiri twumvise yavuze ati: turacyakomeje inzozi za Don Bosco. Ntekereza ko utarangaye, wakurikiye neza, nta mwana ushobora kuva muri IFAK ubwonko burimo ubusa,”</i></span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Yasabye abanyeshuri b’iki gihe gusobanukirwa ko inzozi zisaba akazi, imyitwarire myiza no kwihangana, cyane cyane ku bashaka kugera ku rwego rw’abantu bafata nk’icyitegererezo.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><i><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">“Isi ya none ibereka abantu aho bageze, ntibabereka inzira banyuzemo. Ushaka kuba nka runaka afata nk’icyitegererezo ajye abanza kumenya ngo byamusabye iki. Biragusaba gukora cyane, kongera urwego rw’imyitwarire, kwihangana no guhozaho. Ubumenyi budafite uburere buba ari ubusa,”</span></i><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif;">Cleophas Barore ni Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (Rwanda Broadcasting Agency – RBA), inshingano yatangiye mu mwaka wa <strong data-start="301" data-end="309"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">2023</span></strong>, Nk’uko Barore ubwe yagiye abigarukaho mu biganiro bitandukanye, <strong data-start="334" data-end="387"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">yatangiye umwuga we ku itariki ya 5 Mutarama</span></strong><strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi;"> </span></strong><strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">1995</span></strong> akorera ORINFOR, yamenyekanye cyane mu biganiro bitandukao nka <em data-start="451" data-end="480"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi;">“Makuru ki mu binyamakuru?”</span></em> n’ibindi binyuranye kuri Radio Rwanda na Television y’u Rwanda. Barore kandi yanayoboye Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) kuva mu kwezi k’Ukuboza 2016 kugeza taliki ya 29 Ugushyingo 2024.</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"><o:p></o:p></span></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>ULK ni umushinga w’Imana, Perezida Kagame ni impano idasanzwe: Prof. Dr Rwigamba</title>
<link>https://kpmedia24.com/ulk-ni-umushinga-wimana-perezida-kagame-ni-impano-idasanzwe-prof-dr-rwigamba</link>
<guid>https://kpmedia24.com/ulk-ni-umushinga-wimana-perezida-kagame-ni-impano-idasanzwe-prof-dr-rwigamba</guid>
<description><![CDATA[ Ntabwo wavuga iterambere ry’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 31 ishize, ngo wibagirwe uruhare rwa Kaminuza Yigenga ya Kigali, ULK [Université Libre de Kigali], kandi kuyivuga bijyana n’uwayishinze, Prof. Dr Rwigamba Balinda. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_69428c79f14539-67791422.jpg" length="79715" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Wed, 17 Dec 2025 12:57:30 +0200</pubDate>
<dc:creator>kpmedia24</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba Balinda; </span><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;">ni umwarimu muri Kaminuza, Umushakashatsi, Umwanditsi w’ibitabo, Umuvugabutumwa akaba n’Umubyeyi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Kuva ku mashuri abanza kugeza kuri Kaminuza yize muri RDC ndetse aba ari naho atangirira kwigisha i Lubumbashi mu 1974. <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Afite impamyabumenyi eshatu z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza [Bachelor]; Iyigandimi, Siyansi n’Uburezi. Yabonye Impamyabumenyi y’Ikirenga, tariki 26 Kamena 1982.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ntabwo byarangiriye aho, kuko yakomeje gukora ubushakashatsi mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yandika ibitabo, akomeza kwigisha muri za kaminuza kugeza ubwo mu 1991, yabaye ‘Professeur’.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;">Mu kiganiro yagiranye na KP Media24, Perezida wa ULK akaba ari nawe wayitangije, </span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba Balinda, yagarutse ku rugendo rwamugejeje ku gutangiza ULK.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_69428c79f14539-67791422.jpg" alt=""></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Yavuze ko gushinga kaminuza atari ibintu byapfuye kwizana kuko ari inzozi yari afite kuva akiri umwana muto.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Nari mfite igitekerezo kuva nkiri umwana muto ndetse na Papa akimfashamo, yari ajijutse. Icyo gitekerezo cyari ukugira ngo mfashe abantu kwifasha, ikintu numvaga ko ari ukuba nk’umwarimu kugira ngo nzafashe abantu baziteze imbere, bagire umunani nya munani utari inka, utari isambu.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Avuga ko yavutse mu muryango umeze neza, abona abantu batarama bagahana inka, Mama we agateka akagaburira abantu, bakanywa amata, bakwizihirwa bakabyina ikinyemera.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Nkura rero nanjye mvuga nti icyampa ngo nzagirire abantu neza, nzafashe abantu. Ariko mu mashuri naje kugira inzitizi [amashuri make, imiyoborere n’ibindi], ariko zampaye imbaraga zo gukora cyane kugira ngo nzabashe kugira urwego nigezaho.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><b style="mso-bidi-font-weight: normal;"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">ULK ni umushinga w’Imana<o:p></o:p></span></b><b style="mso-bidi-font-weight: normal;"><i style="mso-bidi-font-style: normal;"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></i></b></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba avuga ko nk’umuntu wizera Imana kandi akaba umugaragu wayo, atigeze ayisaba ikindi kintu kitari icyafasha abantu benshi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Njyewe ndasenga kandi nsenga Imana nzima. Imana yumva amasengesho kandi igasubiza, iyo ukwizera gushingiye ku Mana ari yo soko y’imbaraga. Iyo umuntu afite ikidakuka, imuha imbaraga zo gukora ibintu byinshi, atari ukwiteza imbere ahubwo wifuza ngo ube umugaragu w’Imana, ukora ikintu cyafasha abantu benshi.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Yakomeje agira ati “Ntabwo nigeze nifuza kuba umucuruzi, ni bwiza nabwo ababukora ariko bituruka ku miterere cyangwa imyumvire y’umuntu. Bujya gukora biza ku mwanya wa kane, uwa mbere ni ugutekereza, igenamigambi, imitunganyirize,<span style="mso-spacerun: yes;">  </span>uwa kane bikaba gushyira mu bikorwa cyangwa gukora.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba avuga ko Imana ari yo yamuhaye imbaraga zo gushinga Kaminuza ya ULK.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Nyishingira ku kwizera, ntafite amafaranga ngenda n’amaguru mu Mujyi wa Kigali, ariko nyishinga mfite ukwizera ko kizafasha abantu benshi. Ariko nyishinga kugira ngo itange ubumenyi, ubumenyingiro, ubushobozi ariko gishingiye ku kindi kintu kindi cy’ingenzi kitari muri za kaminuza, icyo kintu ni indangagaciro zituma umuntu aba umuntu muzika, zigenzura ubwo bumenyi.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ni kaminuza yubakiye ku ndangagaciro eshatu zirimo ubwangamugayo, guca bugufi, kwiyemeza no kuba indashyikirwa.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Ariko izo zikagendana n’amahame, kumva ko uko kwizera kwacu tugushingira ku Mana no guca bugufi, kuba umugaragu w’Imana, ari nako kuba umugaragu w’abantu.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Avuga ko ajya gutangira ULK nta gishoro yari afite, ariko bikaba binajyana n’imyizerere ye.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Ijambo igishoboro, ni ijambo ntakunda kubera ko iyo utangiranye igishoro urahomba. Uhanga umurimo ntabwo atekereza na rimwe ku gishoro, igishoro kiza ku mwanya wa kane. Iyo utangiye ukenera udufaranga duke ukoresha ngo utangire.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><b style="mso-bidi-font-weight: normal;"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">ULK yatangiriye mu bukode; imaze kubaka ku musozi wose<o:p></o:p></span></b></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba yavuze ko ajya gutangira ULK yatangiye akodesha ahazwi nko muri St Paul, mu Mujyi wa Kigali.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Ndagenda nkodesha ibyumba bibiri by’amashuri, ibiro byanjye byarimo agatebe gashaje k’imbaho ariko ntangira mfite ko iyo kaminuza izaba inganzamarumbo.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">“Nari nziko duke abanyeshuri bazishyura, tuzayiha amafaranga yo gukodesha, utundi tukishyura abarimu njye ntahembwa, ndi umukorerabushake igihe kirekire, ngenda na bus kare kare mu gitondo, saa mbiki nkaba ndi i Butare ndi kwigisha, nimugoroba nkaba ngarutse i Kigali, muri iyo kaminuza.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Yavuze ko abarimu yatangiranye na bo bari abo yakuraga i Lubumbashi, bari baziranye cyera akiba muri RDC, akajya abakoresha ntibamusabe umushahara ndetse yabacumbikiraga iwe mu rugo.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba yavuze ko bwa mbere ULK itangira yari ifite abanyeshuri 204.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Ntangira ntyo rero, muri uwo mwaka wa mbere nari mfite abanyeshuri 204. Bari benshi cyane, sinzi uko byamenyekanye. Mu mwaka wa kabiri bageze kuri 400, njya gusaba ko nakodesha ibindi byumba bibiri.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba yavuze ko icyo gihe yahise ajya gushaka ahandi ho kwimukira, ajya ahitwa Yamaha, aho yishyuraga ibihumbi 60 Frw by’ubukode buri kwezi. Yakodeshaga n’Umujyi wa Kigali.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Nyuma nibwo yagize igitekerezo cyo kujya muri Banki yahoze ari BCR, asaba inguzanyo, ariko abura ingwate, ku buryo abayobozi b’iyo banki banakekaga ko afite uburwayi bwo mu mutwe.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Ndababwira nti nta ngwate mfite, nayikura he ko ndi impunzi? Ariko amahirwe, muri BCR hari harimo abandi bantu baturutse muri Congo, banzi neza, baziko ndi umukiranutsi. Baravuga bati tuzajya tuguha make, icyo gihe nibo bampaye amafaranga ntangira kwiyubakira.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ayo mafaranga yahise yubaka ahazwi nka Kimicanga, mu Murenge wa Kacyiru, Akarere ka Gasabo.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Mu 2002, nibwo bagize igitekerezo cyo kuva, mu gishanga, hatangira imirimo yo kubaka ku Gisozi, nyuma mu 2007, ULK iza kwimukira ku musozi wa Gisozi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Kuri ubu ULK imaze gushyira ku isoko ry’umurimo abarenga ibihumbi 40 barimo abiga ku Gisozi, ku Gisenyi ndetse na ULK Polytechnic Institute.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof Dr Rwigamba ati “Nshimira Imana, ngashimira na Perezida Kagame n’ubuyobozi bwiza bwatumye tugera kuri ibyo bintu.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><b style="mso-bidi-font-weight: normal;"><i style="mso-bidi-font-style: normal;"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Incamake kuri Prof Dr Rwigamba<o:p></o:p></span></i></b></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba Balinda yavukiye i Masisi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu 1948 mu cyahoze ari Zaire.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Urukundo rwe ku burezi rwatangiye kare, aho yatangiye kwigisha muri kaminuza zitandukanye za RDC guhera mu 1974. <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Mu 1994, Prof. Dr Rwigamba Balinda yahawe akazi gahoraho ko kwigisha muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare, binyuze mu ibaruwa ibimumenyesha yo ku wa 9 Ukuboza 1994. <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ku itariki ya 15 Werurwe 1996, Prof. Dr Rwigamba Balinda yashinze Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK). <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ni kaminuza yagiye yagukana ingoga kuko mu 2001, yahise yibaruka ishami rya Gisenyi ndetse mu 2014 hashingwa Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya ULK (ULK Polytechnic Institute).</span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">ULK Polytechnic Institute, itanga amasomo mu mashami yayo nk’ubwubatsi, gupima ubutaka, amashanyarazi, itumanaho n’ibindi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Kigali ULK mu cyiciro cya Kabiri cya Kaminuza ifite amashami arimo amategeko, imibanire mpuzamahanga, iterambere, icungamari, icungamutungo, ubukungu, ubumenyi mu bya mudasobwa n’andi atandukanye.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Icyiciro cya Gatatu [Masters] itanga amasomo arimo iterambere, imiyoborere, ubukungu, icungamari n’icungamutungo n’andi atandukanye.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Urugendo rw’umwarimu wahinduye icyerekezo cy’uburezi mu Rwanda: Prof. Dr Rwigamba Balinda washinze ULK</title>
<link>https://kpmedia24.com/urugendo-rwumwarimu-wahinduye-icyerekezo-cyuburezi-mu-rwanda-prof-dr-rwigamba-balinda-washinze-ulk</link>
<guid>https://kpmedia24.com/urugendo-rwumwarimu-wahinduye-icyerekezo-cyuburezi-mu-rwanda-prof-dr-rwigamba-balinda-washinze-ulk</guid>
<description><![CDATA[ Hari benshi bashingira iterambere ku mitungo ifatika nk’amazu, amasambu cyangwa ubucuruzi, Prof. Dr Rwigamba Balinda, Perezida wa Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) akaba ari nawe wayishinze, yahisemo inzira itandukanye: gushora mu bwenge bw’abantu. Ni urugendo rwatangiye mu kwizera, rukuura mu busa, rugahinduka imwe muri kaminuza zigenga zikomeye mu Rwanda. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_6940046c5b5db4-63320270.jpg" length="96653" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Mon, 15 Dec 2025 15:07:07 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Prof. Dr Rwigamba Balinda yavukiye <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">i Masisi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu 1948</span> mu cyahoze ari Zaire. Urukundo rwe ku burezi rwatangiye kare, aho yatangiye kwigisha muri kaminuza zitandukanye za RDC guhera <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">mu 1974</span>. Avuga ko kuva akiri umwana muto yari afite inzozi zo gukora ikintu gifasha abantu kwifasha, aho yifuzaga kuzaba umwarimu kugira ngo afashe abantu kubona. Ati: “Nashakaga gukora ikintu kizafasha abantu kwifasha bakagira <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Umunani nyamunani utari inka, utari isambu, cyangwa ubundi butunzi bushira</span>.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Mu <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">1994</span>, Prof. Dr Rwigamba Balinda yahawe akazi gahoraho ko kwigisha muri <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare</span>, binyuze mu <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">ibaruwa ibimumenyesha yo ku wa 09/12/1994</span>. Nubwo yari amaze kugera ku rwego rwo kwigisha muri kaminuza nkuru y’igihugu, inzozi ze zakomeje gusumba akazi ke bwite.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Ku <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">italiki ya 15 Werurwe 1996</span>, Prof. Dr Rwigamba Balinda yashinze <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK)</span>. Avuga ko ULK atari igitekerezo cy’ubucuruzi, ahubwo ari <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">umushinga w’Imana</span>.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “ULK ni umushinga w’Imana. Nahisemo gushora ubushobozi bwanjye mu burezi kuruta ibindi byose. Nsenga Imana nzima yumva amasengesho kandi igasubiza. Iyo umuntu afite ukwizera gushingiye ku Mana, Imana imuha icyerekezo n’imbaraga zo gukora ibintu byinshi ku bw’icyubahiro cyayo, atari ukwiteza imbere wenyine ahubwo ari ukugirira abantu akamaro,”</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Avuga ko atigeze yifuza kwinjira mu bucuruzi nubwo abushyigikira, ashimangira ko icyemezo cyose umuntu afata gishingira ku cyerekezo aha ubuzima bwe.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “Gukora ni icyiciro cya kane. Icya mbere ni ugutekereza, icya kabiri ni igenamigambi, icya gatatu ni imitunganyirize. Ni yo mpamvu nahisemo gushinga ULK nyishingiye ku kwizera, ntafite amafaranga, ngenda n’amaguru, ariko numvaga izaba ikigo kinini cyane,”</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Mu gutangira ULK, Ni ibintu bitari byoroheje na gato. Prof. Dr Rwigamba Balinda yibuka ko <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">yakodesheje ibyumba bibiri by’amashuri kuri Saint Paul</span>, hafi ya Saint Famille, naho <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">ibiro bye abishyira muri koridoro</span>. Icyo gihe yari <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">umukorerabushake</span>, adahembwa, yizeraga ko amafaranga y’abanyeshuri bacye azishyura ubukode n’imishahara y’abarimu.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “Natangiye nizeye ko abanyeshuri bazishyura duke tukariha ubukode, tukishyura abarimu. Njyewe nta mushahara nahembwaga. Ariko nari nizeye ko icyo gikorwa kizavamo Kaminuza y’Ingazamarumbo,”</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Mu mwaka wa mbere gusa, ULK yatangiranye <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">abanyeshuri 204</span>. Uko imyaka yagiye ishira, umubare w’abanyeshuri wariyongereye, ULK iba igicumbi cy’ubumenyi, itanga umusanzu ufatika mu kubaka Igihugu.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Prof. Dr Rwigamba Balinda avuga ko adakunda ijambo <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">“igishoro”</span>, kuko kuri we rwiyemezamirimo nyakuri atangirira kuri <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">zero</span>.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “Sinkunda ijambo igishoro. Iyo utangiranye igishoro urahomba. Rwiyemezamirimo nyawe ni utangirira kuri zero. No mu masomo twigisha hano harimo igice kinini cyo kwihangira imirimo,”</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Ubumuntu bwe bwongeye kugaragara cyane mu <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">gihe cya Covid-19</span>, aho ULK yahisemo kudatererana abakozi bayo. Mu gihe ibigo byinshi byafungaga imiryango, ULK yari ifite <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">abakozi hafi 300</span>, Prof. Dr Rwigamba Balinda afata icyemezo gikomeye cyo kubitaho.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “Naravuze nti nta mukozi uzicwa n’inzara. Abafite imishahara iri hejuru ya miliyoni twarayikase, basigarana igice, ariko abafite munsi y’ibihumbi 500 bo bakomeje guhembwa. Amafaranga amaze gushira, njya gusaba inguzanyo muri banki nubwo tutari tuzi igihe Covid izarangirira,”</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Yongeyeho ati: <span style="mso-bidi-font-style: italic;">“Nta kuntu nari kurya ibirayi, ibijumba cyangwa amata, nziko umukozi wanjye nta kintu afite. Ndi umubyeyi wabo. Icyo mfite ngisaranganya n’abandi.”</span><o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Uretse uburezi, ULK ifite uruhare rukomeye mu mibereho myiza y’abaturage binyuze muri <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">ULK Foundation</span>, yashinzwe na Prof. Dr Rwigamba Balinda. Uyu muryango umaze <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">kurihira amashuri abanyeshuri batari bafite ubushobozi bwo kubona amafaranga y’ishuri barenga 2000</span>, haba mu Rwanda no hanze yarwo.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Mu rwego rw’ubukungu, ULK itanga <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">umusoro ungana nibura na miliyoni 150 z’amafaranga y’u Rwanda buri kwezi</span>. Kuri ubu, ULK ifite <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">abanyeshuri basaga 10,000</span>, muribo <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">abarenga 4,000 b’abanyamahanga</span>, bigaragaza uruhare rwayo mu burezi mpuzamahanga no mu iterambere ry’igihugu.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Inkuru ya Prof. Dr Rwigamba Balinda ni isomo ry’uko <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">kwizera, icyerekezo n’umurava</span> bishobora kubaka ikigo gikomeye kigira akamaro ku gihugu n’abagituye. Ni urugero rw’umuyobozi wemera ko iterambere rirambye rishingira ku <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">bantu</span> aho kubakira ku mutungo ushira.<o:p></o:p></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_69400514e0bb35-40824490.jpg" alt=""><em><strong>Prof. Dr Rwigamba Balinda yambaye umwambaro w'icyubahiro, yifatanya n’abanyeshuri mu muhango wo gusoza amasomo, ashimangira ko uburezi ari umurage uruta umutungo ushira</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_6940050e3f5fa6-30091327.jpg" alt=""><em><strong>Mu biro bye, Prof. Dr Rwigamba Balinda mu kiganiro ku rugendo rwe rwo kubaka ULK, kaminuza yatangiriye ku busa igahinduka igicumbi cy’ubumenyi.</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_694004f5b50075-88589893.jpg" alt=""><em><strong>Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), ikigo cyubatse ku cyerekezo n’ukwizera, gifite abanyeshuri basaga 10,000</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_694004d7053165-74205815.jpg" alt=""><em><strong>Bimwe mu bihembo ULK yagiye yegukana, bigaragaza uruhare rwayo mu guteza imbere uburezi n’ubuyobozi bufite ireme.</strong></em></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>ULK yatanze impamyambumenyi ku nshuro ya 22</title>
<link>https://kpmedia24.com/ulk-yatanze-impamyambumenyi-ku-nshuro-ya-22-193</link>
<guid>https://kpmedia24.com/ulk-yatanze-impamyambumenyi-ku-nshuro-ya-22-193</guid>
<description><![CDATA[ Kaminuza Yigenga ya Kigali, ULK [Kigali Independent University] yatanze ku nshuro ya 22 impamyabumenyi ku barangijemo amasomo ndetse no ku nshuro ya 9 ku barangije muri ULK Polytechnic Institute. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7f0c4609d8-76876221.jpg" length="164761" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Fri, 12 Dec 2025 22:52:01 +0200</pubDate>
<dc:creator>kpmedia24</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ni ibirori byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ukuboza 2025, ku cyicaro gikuru cya ULK, giherereye ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Abahawe impamyabumenyi bize ibirimo uburezi, amategeko, ubukungu, ibaruramari, iterambere, ikoranabuhanga, ubumenyi kuri mudasobwa n’andi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p> </o:p><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7efc2208c2-48905391.jpg" alt=""></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;">Perezida wa ULK akaba ari nawe wayitangije, </span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba Balinda, yavuze ko kuva iyi kaminuza yatangira imaze gushyira ku isoko ry’umurimo abantu </span><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;">42,958 barangije mu ishami rya Kigali n’irya Gisenyi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p> </o:p></span><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;">Ni mu gihe kandi abandi 2351 bamaze kurangiza muri ULK Polytechnic.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p> </o:p></span><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;">Ati “Abize muri ULK na ULK Polytechnic, bahawe amasomo ari mu murongo wa gahunda ya Leta yo kwihutisha iterambere, NST2. Turashimira Perezida wacu, Paul Kagame ku bw’imyiyoborere no kuba intangarugero ku Banyarwanda ndetse n’amahanga.” <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Prof. Dr Rwigamba yavuze ko u Rwanda rumaze kuba igicumbi cy’uburezi, ikoranabuhanga n’ibindi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Abantu benshi bari kuza mu Rwanda kutwigiraho, kugira ngo babijyane mu bihugu byabo. Abanyeshuri barenga 3000 bari hano baturutse mu bihugu bigera kuri 41 byo hirya no hino ku Isi.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Yavuze ko kugira ngo aba banyamahanga bagana ULK bahabwe ireme ry’uburezi buzabagirira akamaro mu bihugu byabo hari ingamba zafashwe.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Twafashe ingamba zo kuzamura ireme ry’uburezi, ireme ry’imiyoborere y’ikigo, ireme ry’ibikorwaremezo, ibikoresho, porogaramu n’ubushakashatsi. Ibi byose dukomeje kubishyira mu bikorwa kuko twazanye abarimu babifitiye ubushobozi kandi twazanye ibikoresho bigezweho.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Umuyobozi w'Ishami ry'Inama y'amashuri Makuru na za Kaminuza mu Rwanda, HEC, rishinzwe ibijyanye n'ireme ry'uburezi, Dr. Théoneste Ndikubwimana, yashimye Kaminuza ya ULK na ULK Polytechnic ku bw’umusanzu zikomeje gutanga mu burezi bw’u Rwanda.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Ati “Ndashimira abarangije amasomo n’abatumye ibi byose bigerwaho. Kuva Kaminuza ya ULK yatangira, yakomeje kugira uruhare ntagereranywa mu gutanga amakozi bashoboye kandi bafite ubumenyi bukenewe ku isoko.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Dr Ndikubwimana yavuze ko kugira ngo u Rwanda rugere ku cyerekezo 2050, rusabwa kugira abaturage bize neza, bafite ubumenyi kuko ubukungu bw’Igihugu buzaba bushingiye ku bumenyi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;"><o:p> </o:p></span><span style="font-size: 18.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">Mu bagera kuri 1555</span><span style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"> </span><span style="font-size: 18.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif;">barangije amasomo muri ULK na ULK Polytechnic barimo 266 barangije mu cyiciro cya Gatatu cya Kaminuza [Masters], 913 barangije mu cyiciro cya Kabiri [Bachelors] mu gihe abandi 376 ari icyiciro cya Mbere [Diploma].</span><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p> </o:p></span><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"><o:p> </o:p><iframe width="560" height="314" src="https://www.youtube.com/embed/t-YGwwlLdM4" allowfullscreen="allowfullscreen"></iframe></span></p>
<p class="MsoNormal"><span lang="EN-US" style="font-size: 16.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Candara',sans-serif; mso-ansi-language: EN-US;"></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7f0c4609d8-76876221.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7efc2208c2-48905391.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7eeea44f01-16125109.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7edfb0cbc1-29395933.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7fa53b5ae6-84135956.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7fc0bc7763-69058777.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7fde0aa439-18601735.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c804e1ae429-87766585.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c803465e7c0-81087139.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c80182da615-87173040.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c7ff9028338-55499598.jpg" alt=""></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Umwarimu ni inkingi ya mwamba mu burezi bw’u Rwanda&#45;Minisitiri Nsengimana</title>
<link>https://kpmedia24.com/umwarimu-ni-inkingi-wa-mwamba-mu-burezi-bwu-rwanda-minisitiri-nsengimana</link>
<guid>https://kpmedia24.com/umwarimu-ni-inkingi-wa-mwamba-mu-burezi-bwu-rwanda-minisitiri-nsengimana</guid>
<description><![CDATA[ Guverinoma y’u Rwanda yijeje abarimu ko izakomeza guharanira imibereho myiza yabo kugira ngo babashe gutanga uburezi bufite ireme no kurera neza abana b’Abanyarwanda,kuva mu mashuri y’incuke kugeza barangije kwiga. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c2903731339-80543266.jpg" length="107485" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Fri, 12 Dec 2025 16:39:44 +0200</pubDate>
<dc:creator>kpmedia24</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal">Byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ukuboza 2025, ubwo yari i Kirehe, mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu.<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal">Yavuze ko Leta izirikana uruhare rwabo mu burezi n’ibyo igihugu kigenda kigeraho.<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal">Ati “Umwarimu ni inkingi ya mwamba mu burezi bw’u Rwanda. Ibi bivuze ko ireme ry’uburezi, imyumvire myiza y’Abanyarwanda, ubumenyi n’ubushobozi, igihugu cyacu gikomeza kugeraho byose byubakiye byubakiye ku mbaraga n’ubwitange bya Mwarimu.<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal">Yakomeje agira ati “Ni yo mpamvu uyu munsi ari umwanya wo kongera kubashimira, kubatera ingabo mu bitugu no kurebera hamwe ibyo tugomba gukomeza gukora kugira ngo tubashyigikire mu kazi gakomeye ko kurerera u Rwanda.” <o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal"><o:p> </o:p>Minisitiri Nsengimana yibukije abarimu ko ibyo bakora byose bagomba gushyira umunyeshuri ku isonga.<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal"><o:p> </o:p>Ati “Icyo dukoze cyose kigomba kuba kigamije guharanira ko umwana w’Umunyarwanda ahabwa ubumenyi n’uburere bumufasha kuziyubaka no kubaka ejo heza h’igihugu cyacu.”<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal"><o:p> </o:p>Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yavuze ko kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Mwarimu, bifite igisobanuro kinini. <o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal"><o:p> </o:p>Ati “Uyu munsi ni uwo gushimira abarimu bacu, kureba uko dufatanya na bo, tubibutse ko igihugu kibatezeho byinshi, tubatize amaboko hanyuma twese hamwe tuzamure ireme ry’uburezi mu gihugu cyacu”<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal">Ubusanzwe uyu munsi wizihizwa tariki 5 Ukwakira; u Rwanda rwahisemo kuwizihiza rwifatanya n’abarimu mu mpera z’umwaka hasozwa igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri wa 2024/2025. <o:p></o:p></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c2906a95211-80397427.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c2903731339-80543266.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c28fdeb3dc9-38941531.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c28fb95af39-75529728.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c28f8a96704-75675272.jpg" alt=""></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Ubwizigame bw’abarimu mu Umwalimu SACCO bwageze kuri miliyari 19 Frw</title>
<link>https://kpmedia24.com/ubwizigame-bwabarimu-mu-umwalimu-sacco-bwageze-kuri-miliyari-19-frw</link>
<guid>https://kpmedia24.com/ubwizigame-bwabarimu-mu-umwalimu-sacco-bwageze-kuri-miliyari-19-frw</guid>
<description><![CDATA[ Minisiteri y’Uburezi yasezeranyije abarimu kwita ku byifuzo bafite ifatanyije na Koperative y&#039;Abarimu yo ku bitsa no kugurizanya [Umwalimu SACCO]. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c251a91c937-60531626.jpg" length="105617" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Fri, 12 Dec 2025 16:25:29 +0200</pubDate>
<dc:creator>kpmedia24</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal">Mineduc yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ukuboza 2025, mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abarimu, byabereye mu Karere ka Kirehe, Intara y’Iburasirazuba.<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal">Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Irere Claudette, yagaragaje ko ubwizigame bw’abarimu mu Umwalimu SACCO bwageze kuri Miliyari 19 Frw, akaba ari bwo basabamo inguzanyo.<o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal"><o:p> </o:p>Kuva Koperative Umwalimu SACCO itangiye mu 2008, imaze gutanga arenga Miliyari 1000 Frw y’inguzanyo abarimu bifashisha bubaka inzu zo guturamo, batangiza imishinga ibyara inyungu n’ibindi. <o:p></o:p></p>
<p class="MsoNormal"><o:p> </o:p>Muri uyu mwaka wa 2025, hatanzwe arenga Miliyari 222 Frw y'inguzanyo.</p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c2596538932-99208851.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c2590ab35c2-87172227.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c258b6cb798-84887860.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c25ba9d1f02-93386957.jpg" alt=""></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202512/img_w860_693c25c02dbeb8-12162480.jpg" alt=""></p>
<p class="MsoNormal"></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Kamonyi: Ingamba nshya mu burezi nyuma y’imyanya mibi mu bizamini bya Leta</title>
<link>https://kpmedia24.com/kamonyi-ingamba-nshya-mu-burezi-nyuma-yimyanya-mibi-mu-bizamini-bya-leta</link>
<guid>https://kpmedia24.com/kamonyi-ingamba-nshya-mu-burezi-nyuma-yimyanya-mibi-mu-bizamini-bya-leta</guid>
<description><![CDATA[ Akarere ka Kamonyi katangaje ko hari ingamba nshya zafashwe zigamije kuzamura ireme ry’uburezi nyuma y’uko mu mwaka w’amashuri wa 2024–2025 kagize ku myanya mibi mu gutsindisha abanyeshuri mu byiciro bitandukanye by’amashuri mu bizamini bya Leta. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202511/img_w860_692c68c4c81c15-58850472.jpg" length="59836" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Sun, 30 Nov 2025 18:07:33 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Byatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Dr Sylvère Nahayo</span>, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu cyumba cy’Inama cy’Intara y’Amajyepfo ku wa Gatanu, tariki 29 Ugushyingo 2025.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Dr Nahayo yavuze ko ubuyobozi bw’Akarere bwicaye bugafata ingamba zifatika zo guhindura isura y’uburezi muri Kamonyi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Yagize ati:</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">"Icya mbere twakoze ni uko ibigo byatsinze neza twabishyize imbere mu rwego rwo kwigirwaho. Ibigo bititwaye neza twabohereje mu rugendoshuri kugira ngo barebe uburyo bagenzi babo babigeraho, nabo babishyire mu mibereho y’amashuri yabo."</span><o:p></o:p></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202511/img_w860_692c68c9dd5471-71827572.jpg" alt=""><em><strong><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-ansi-language: EN-US; mso-fareast-language: EN-US; mso-bidi-language: AR-SA; mso-bidi-font-weight: bold;">Dr Sylvère Nahayo, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi avuga ko hari ingamba zafashwe zigamije kongera urwego rw'imitsindire y'abanyeshuri</span></strong></em></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Yongeyeho ko bashyizeho uburyo bw’isuzuma rihoraho ku banyeshuri cyane cyane abo mu mashuri asoza ibyiciro.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Ati:</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"> <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">"Dufite uburyo bushya bwisuzuma buhoraho kugira ngo abana, cyane cyane abasoza ibyiciro, bamenyere gutegura neza ibizamini bya Leta. Turakurikirana n’abarezi kugira ngo ubwitabire bwabo butagira icyuho gituma abana badafashwa uko bikwiye."<o:p></o:p></span></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Uyu muyobozi yanavuze ko hari uburyo bwashyizweho bwo gukurikirana imyigishirize y’abarimu ku mashuri.<o:p></o:p></span></p>
<p>Ati: "Twashyizeho amatsinda azajya akurikirana uburyo abarimu bigisha buri munsi. Ibi bizadufasha kumenya aho ikibazo kiri, kandi tubikemure tutarinze gutegereza ibizamini bya Leta, Turizera ko izi ngamba, hamwe n'izindi tuzakomeza kunonosora, zizafasha abana bacu kwitwara neza mu mwaka utaha "</p>
<p>Vestine Mukarusagara Umubyeyi ufite abana babiri mu mashuri abanza avuga ko kuba Akarere kasubiye inyuma byateye impungenge ababyeyi, ariko ko ingamba zafashwe zibaha icyizere.</p>
<p>Ati: "Iyo umwana ataza mu myanya myiza biratuzahaza nk’ababyeyi. Ariko kubona ubuyobozi bwafashe ingamba bitwongerera icyizere. Twifuza ko abarimu bahabwa imbaraga n’ibikoresho bihagije."</p>
<p>Yongeyeho ko ababyeyi nabo bagomba guhindura imyumvire ku nshingano bafite.<br>Ati: "Uburere n’uburezi ntibisigirwa ishuri gusa. Natwe tugomba gushyiraho umusanzu mu gufasha abana mu masomo yabo."</p>
<p>Naho Jean Bosco Nkurunziza, Umubyeyi w’umunyeshuri wa Tronc Commun mu murenge wa Rukoma avuga ko ikibazo cy’ubucucike cyari kimaze imyaka gifata indi ntera, bityo kongera ibyumba by’amashuri ari intambwe ikomeye.</p>
<p>Ati: "Muri bimwe mu bigo, umwarimu yigishaga abana barenga 65. Nka se w’umwana, nzi neza ko umwana wanjye atashoboraga kubona umwanya uhagije wo kubazwa ibibazo. Ibyumba byiyongereye, turabishimira cyane."</p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Mu bizamini bisoza amashuri abanza, Kamonyi yaje <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">ku mwanya wa 27 mu turere 30</span>, ku mpuzandengo ya <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">69.46%</span>. Mu cyiciro gisoza icyiciro rusange (Tronc Commun), aka karere kaje <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">ku mwanya wa 29</span>, ku manota <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">45%</span>, naho mu cyiciro gisoza amashuri yisumbuye kabaye <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">aka nyuma (30)</span> n’amanota <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">85%</span>.<o:p></o:p></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202511/img_w860_692c68cd5e88b4-16583818.jpg" alt=""><em><strong>Akarere ka Kamonyi kaje ku mwanya wa 27 mu bizamini bisoza amashuri abanza, n’impuzandengo ya 69.46%.</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202511/img_w860_692c68d1688b62-00070384.jpg" alt=""><em><strong>Mu cyiciro cya Tronc Commun, Kamonyi yaje ku mwanya wa 29 ku manota 45%.</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202511/img_w860_692c68bf99f9c7-37229602.jpg" alt=""><em><strong>Mu cyiciro gisoza amashuri yisumbuye, Kamonyi yaje ku mwanya wa nyuma mu turere 30, n’amanota 85%.</strong></em></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Abadozi 193 bigiye umwuga mu buzima busanzwe bahawe icyubahiro cy’abanyamwuga bemewe</title>
<link>https://kpmedia24.com/abadozi-193-bigiye-umwuga-mu-buzima-busanzwe-bahawe-icyubahiro-cyabanyamwuga-bemewe</link>
<guid>https://kpmedia24.com/abadozi-193-bigiye-umwuga-mu-buzima-busanzwe-bahawe-icyubahiro-cyabanyamwuga-bemewe</guid>
<description><![CDATA[ None kuwa 27 Ukwakira 2025 i Kigali, Abatayeri 193 baturutse mu turere dutandukanye tw’igihugu bahawe impamyabushobozi binyuze muri gahunda ya Recognition of Prior Learning (RPL). ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68ff9635792630-33117884.jpg" length="127420" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Mon, 27 Oct 2025 18:03:11 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Iyi gahunda yashyizweho hagamijwe guha agaciro abantu bigiye imyuga mu buzima busanzwe, ariko batigeze banyura mu mashuri yemewe, bityo bakemerwa nk’abanyamwuga bemewe mu rwego rw’igihugu.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Mukangango Delice</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">, uzwi cyane ku izina rya <span style="mso-bidi-font-style: italic;">Furaha</span>, umaze imyaka 20 akora ubudozi. Avuga ko iyi mpamyabumenyi ari intangiriro y’urugendo rushya rwo gukura mu mwuga we.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">“Nishimiye cyane kuba nabonye iyi mpamyabumenyi. Ibi bizamfasha gukora ibirenzeho, ntekereza gushinga ishuri ryigisha ubudozi ndetse no gukorana n’abandi bacuruzi bo mu Rwanda no hanze bakora ibintu bimwe. Ubu ndabona amahirwe menshi yo kubona amasoko yisumbuye,”<b><o:p></o:p></b></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Naho <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Mukamurenzi Theopiste</span>, ukorera ubudozi mu karere ka Muhanga, ni umwe mu bahawe izi mpamyabushobozi. Yahoze akora mu nzego za Leta, ariko nyuma y’imyaka myinshi yumva afite umuhamagaro wo kwiyegurira ubudozi.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">“Nagiye mvuga nti ‘ese umuntu yakora ibintu byo mu ngiro imyaka myinshi bikamubeshaho, ariko ntabyemerewe n’amategeko’? Ubu ndishimye kuko RPL yanyeretse ko n’ubumenyi bw’amaboko bufite agaciro. Ndifuza gushinga company yanjye ikora ibintu neza kandi mu buryo bwemewe n’amategeko, nta cyo ngitinya,”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Nshimiyimana Daniel</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">, Umuyobozi wa <span style="mso-bidi-font-style: italic;">Rwanda Tailors Association (RTA)</span>, yavuze ko iyi gahunda ari inzira ikomeye yo kugarura icyubahiro cy’ubumenyi bushingiye ku ngiro.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Ati: “</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif;">Hashize igihe kinini abantu bafite impano n’ubumenyi mu myuga batabona agaciro kuko batari bafite impamyabushobozi. Gahunda ya <em data-start="356" data-end="393"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi;">Recognition of Prior Learning (RPL)</span></em> irimo kudufasha gukemura icyo kibazo. Ubu umuntu wese ufite ubumenyi bwo mu ngiro ashobora kubyerekana mu buryo bwemewe, kandi bigatanga amahirwe yo guhanga imirimo no guteza imbere umwuga.</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">”<br style="mso-special-character: line-break;"><!-- [if !supportLineBreakNewLine]--><br style="mso-special-character: line-break;"><!--[endif]--><o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Buningwire Williams</span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">, Umuvugizi wa PSF yavuze ko abantu bahabwa amahugurwa nk’aya baba ari imbaraga nshya zinjiye mu rwego rw’abikorera.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">“Iyo abantu bahuguwe nk’uku, mu mwuga uwo ari wo wose, baba ari imbaraga zishya zinjiye muri Private Sector. Ni ubumenyi bushya igihugu kiba kibonye kandi buba bukenewe mu rwego rwo guteza imbere ubukungu. Aba bantu baba ari nk’amaraso mashya mu bucuruzi, azana udushya n’umurava mushya mu kazi,”</span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"><!-- [if !supportLineBreakNewLine]--><!--[endif]--><o:p></o:p></span><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Kuri iyi nshuro, abadozi 193 bakoze isuzumabumenyi bose baratsinze, bahabwa impamyabushobozi zemewe na Leta.<br>Ku nshuro ya mbere, muri 2024, abakoze isuzumabumenyi bari 800, muri bo 763 ni bo batsinze.<br>Bivuze ko kugeza ubu, mu byiciro bibiri, abamaze guhabwa impamyabushobozi binyuze muri gahunda ya <span style="mso-bidi-font-style: italic;">Recognition of Prior Learning (RPL)</span> ari <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">abadozi 956</span>.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Iyi gahunda ya <span style="mso-bidi-font-style: italic;">Recognition of Prior Learning</span> ikomeje kugaragaza uburyo igihugu cy’u Rwanda cyiyemeje guha agaciro ubumenyi n’ubushobozi umuntu abona binyuze mu mirimo ye ya buri munsi. Ku baturage nk’abo bahawe impamyabushobozi, ni inzira nshya yo <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">kwinjira mu rwego rw’abanyamwuga bemewe</span>, no <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">kongera icyizere</span> mu byo bakora buri munsi.<o:p></o:p></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68ff9626f03b09-90587685.jpg" alt=""><em><strong>Umuyobozi wa Rwanda Tailors Association, Daniel Nshimiyimana, avuga ko RPL izanye icyubahiro gishya ku bumenyi bwo mu ngiro</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68ff96313b3fc8-82882412.jpg" alt=""><em><strong>Abadozi 193 bahawe impamyabushobozi muri gahunda ya Recognition of Prior Learning</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68ff962c8b6a91-50563112.jpg" alt=""><em><strong>Mukangango Delice uzwi nka “Furaha” amaze imyaka 20 akora ubudozi</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68ff9629c25523-18272508.jpg" alt=""><em><strong>Mukamurenzi Theopiste, wahoze akorera Leta, yishimira impamyabushobozi yahawe nyuma yo kwiyegurira umwuga w’ubudozi.</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68ff962eeb6777-81002195.jpg" alt=""></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Kaminuza y’abaporotesitanti mu Rwanda yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 388 basoje amasomo.</title>
<link>https://kpmedia24.com/kaminuza-yabaporotesitanti-mu-rwanda-yatanze-impamyabumenyi-ku-banyeshuri-388-basoje-amasomo</link>
<guid>https://kpmedia24.com/kaminuza-yabaporotesitanti-mu-rwanda-yatanze-impamyabumenyi-ku-banyeshuri-388-basoje-amasomo</guid>
<description><![CDATA[ Kaminuza y’Abaporotesitanti mu Rwanda (PUR) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 388 mu muhango w’ubudasa wabereye mu Karere ka Huye, witabirwa n’abanyeshuri, ababyeyi, abarimu ndetse n’abayobozi b’Itorero ry’Abaporotesitanti mu Rwanda (EPR). ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68df7cf1649ac2-85522375.jpg" length="185693" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Fri, 03 Oct 2025 09:56:26 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza yagarutse ku cyerekezo cya PUR cyo gutegura abanyamwuga b’abahanga bafite indangagaciro zubaka igihugu.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><em><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-style: normal; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “Turishimira aba banyeshuri 388 barangije amasomo yabo. Buri wese ni igihamya cy’intego yacu yo kurera abayobozi bafite ubumenyi, indangagaciro n’ubwitange mu gukorera igihugu.”</span></em><i style="mso-bidi-font-style: normal;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;"><o:p></o:p></span></i></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Bagwire Gertrude wahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters), yavuze ko ubu ari intambwe ikomeye mu buzima bwe.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><em><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-style: normal; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “Nishimiye cyane iri terambere ngezeho uyu munsi. Ubumenyi nvanye hano buzamfasha kugira uruhare mu kunoza ireme ry’uburezi mu Rwanda, mfatanyije n’ababyeyi, abana n’abarezi mu kubaka umuco w’ireme ry’uburezi. Ndibwira ko nzafatanya nabo guhindura byinshi”</span></em><i style="mso-bidi-font-style: normal;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;"><o:p></o:p></span></i></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Na ho Pasiteri Edouard Uzabakiriho, wahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere mu ishami rya Theologie yavuze ko icyatumye aza akwiga ari ukugirango yongere ubumenyi kandi abashe gufasha abaturarwanda kugirango babashe kumenya iby’Imana.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Ati: “Icyatumye nza kwiga, ni ukugirango nongenre ubumenyi kandi ndusheho gufasha abaturarwanda bose kugirango barusheho kumenya iby’Imana kandi babihuza n’umuco nyarwanda” <o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Yashimangiye kandi ko ibyo bakuye hano muri iri shuri bagiye kubishyira mubikorwa bagafasha abantu guhindura imyumvire ndetse bikazanafasha abanyarwanda kubana neza<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Ababyeyi na bo bagaragaje ibyishimo. Mukankusi Florence, umwe mu babyeyi, yavuze mu buryo bwimbitse ko iki gikorwa kibahaye icyizere ku hazaza h’abana babo.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Umuyobozi w’Ikirenga w’iyi<strong> </strong><strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">Kaminuza akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Itorero Peresibiteriyene mu Rwanda, Rev. Dr Pascal Bataringaya</span></strong>, yashimangiye agaciro k’amasomo iyi kaminuza itanga nk’umusingi w’impinduka.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;"><br><em>Ati: </em><em><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-style: normal; mso-bidi-font-style: italic;">“Uburezi ni umuhamagaro w’Imana kandi ari n’inshingano z’igihugu. Abanyeshuri mwasoje, ntimutahanye gusa ubumenyi, ahubwo mutahanye n’inshingano zo kuba umucyo mu muryango nyarwanda.”<o:p></o:p></span></em></span></p>
<p style="text-align: justify;"><em><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-style: normal; mso-bidi-font-style: italic;">Uyu muyobozi kandi yasabye aba basoje amasomo yabo kuzitwara neza ku isoko ry’umurimo.<o:p></o:p></span></em></p>
<p style="text-align: justify;"><em><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-style: normal; mso-bidi-font-style: italic;">Ati: “Ndabashishikariza gukomeza indangagaciro za gikiristu zirimo ubutwari, ubuhanzi, guhanga udushya, n’ukwiyoroshya, zizakomeza kuba ikirangantego cyanyu aho muzajya kuba no gutanga serivisi. Ubumenyi n’ubushobozi mwabonye muri iyi kaminuza ni umusingi w’ingenzi muzubakiraho ejo hazaza hanyu, ariko kandi ni n’umusingi ku hazaza h’itorero n’imibereho y’umuryango nyarwanda.”<o:p></o:p></span></em></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Ibi birori byari bibaye ku nshuro ya 13, kandi byagaragaje ko abakobwa barenze kimwe cya kabiri cy’abasoje amasomo, ikimenyetso cy’iterambere rya PUR ndetse n’ubwitange bwa Leta y’u Rwanda mu guteza imbere uburezi bufite ireme kandi burimo bose.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;"><o:p> </o:p></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68df7cb64b5589-54344450.jpg" alt=""><em><strong>Rev.Dr Pascal Bataringaya, Umuyobozi w'Ikirenga wa Kaminuza y'Abaporotesitanti mu Rwanda (PUR)</strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68df7cdc055691-83716815.jpg" alt=""><strong><em>Prof. Olu Ojedokun, Umuyobozi mukuru wa Kaminuza y'Abaporotesitanti mu Rwanda (PUR) </em></strong></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68df8089bdcc86-09093695.jpg" alt=""><em><strong><span style="font-size: 11.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: Calibri; mso-fareast-theme-font: minor-latin; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi; mso-ansi-language: EN-US; mso-fareast-language: EN-US; mso-bidi-language: AR-SA;">Pasiteri Edouard Uzabakiriho, wahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere mu ishami rya Theologie</span></strong></em></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68df7d7f211f96-39076318.jpg" alt=""><strong><em><span style="font-size: 11.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: Calibri; mso-fareast-theme-font: minor-latin; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi; mso-ansi-language: EN-US; mso-fareast-language: EN-US; mso-bidi-language: AR-SA;">Bagwire Gertrude wahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza</span></em></strong></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202510/img_w860_68df7c86acfe42-64181227.jpg" alt=""><em><strong>Abanyeshuri 388 nibo basoje amasomo yabo muri Kaminuza y'abaporotesitanti mu Rwanda</strong></em></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Imyumvire y’abanyeshuri n’ababyeyi imwe mu mpamvu zatumye MINEDUC itesa umuhigo</title>
<link>https://kpmedia24.com/iyumvire-yabanyeshuri-nababyeyi-imwe-mu-mpamvu-zatumye-mineduc-itesa-umuhigo</link>
<guid>https://kpmedia24.com/iyumvire-yabanyeshuri-nababyeyi-imwe-mu-mpamvu-zatumye-mineduc-itesa-umuhigo</guid>
<description><![CDATA[ Impuzandengo y’abanyeshuri biga imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda yakomeje kwiyongera mu myaka itatu ishize, aho yavuye kuri 31% mu mwaka wa 2021 igera kuri 40% mu mwaka wa 2024. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202509/img_w860_68b71736507219-61810096.jpg" length="146342" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Tue, 02 Sep 2025 18:27:55 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Ibi byatangajwe na <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Madamu Irere Claudine, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi</span>, ubwo hatangazwaga ku mugaragaro amanota y’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2024-2025.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Muri gahunda ya guverinoma y’imyaka irindwi yarangiye mu mwaka wa 2024, NST1, leta yari yarihaye intego ko izagera kuri 60% by’abiga imyuga n’ubumenyi ngiro ariko ntiyagezweho. Madamu Irere yagaragaje ko ibi byatewe n’imyumvire mike y’abantu ku mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro kuko hari n’abanyeshuri bohereza kwiga imyuga n’ububenyingiro bagahindukira kandi bagasaba ko bahindurirwa bakoherezwa kwiga amasomo y’ubumenyi rusange <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Ati: “ ntabwo kuba tutarageze ku ntego ya 60% aruko twari twananiwe kuko amashuri arahari ndetse n’abigisha barahari ariko turacyarwana cyane n’imyumvire ikiri hasi. Buri mwaka uko abanyeshuri boherejwe mu mashuri ya tekiniki, imyuga n’ubmenyi ngiro tubona benshi muribo basaba kwimuka basaba kujya kwiga mu mashuri yigisha ubumenyi rusange ariko uko iminsi igenda yicuma imyumvire igenda izamuka”.<o:p></o:p></span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202509/img_w860_68b7173deb6517-22187388.jpg" alt=""><em><strong><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-ansi-language: EN-US; mso-fareast-language: EN-US; mso-bidi-language: AR-SA; mso-bidi-font-weight: bold;">Madamu Irere Claudine, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi</span></strong></em></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Uburezi yasabye ubufatanye n'inzego zose ndetse n'ababyeyi gufatanya mu gukangurira abanyarwanda ko aya mashuri ya tekiniki, imyuga n'ubumenyi ngiro ari ingenzi.</span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bavuga ko kuba hari abanyeshuri boherezwa kwiga mu mashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro bagahinduza bakajya mu bumenyi rusange batazi icyiza cyabyo, bavuga ko nabo bagiye kubyiga biganyira ari nko kubibahata ariko ubwenge bakurayo burambaye.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Kalisa Samuel ni umunyeshuri wiga ibijyanye n’amashanyarazi muri IPRC avuga ko yungutse byinshi mu gihe gito ahamaze. Ati: “nize muri TVET mur mu mashuri yisumbuye nkomereza no muri IPRC ariko kuva ntangiye kwiga niga ibijyanye n’amashanyarazi, ariko nkubwije ukuri ubu singitesha umutwe ababyeyi mbasaba amafaranga kuko uyu mwuga niwo untunze, kuko korera abantu amashanyarazi bakampemba ndetse nanjye nkanafasha ababyeyi banjye mu mibereho”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-weight: bold;">Irimaso Fabrice nawe yiga ikoranabuhanga (Networking) muri IPRC, avuga ko bamwohereza kwigayo atabishakaga yumvaga Atari ibintu akunze ariko ubu bikaba bimutunze. Ati: “Nanjye nagiye kwiga ibintu bansunika ntabishaka, ariko ubu ndi mu mwaka wa nyuma nshobora gukorera amafaranga nkoresheje ubumenyi nahakuye kandi mba numva uramutse unkuye mu ikoranabuhanga ntabindi nashobora byabaye ubuzima bwanjye bwa buri munsi”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Mu gihe Minisiteri y’Uburezi yishimira izi ntambwe zatewe, irasaba ababyeyi ndetse n’abanyeshuri gukomeza guha agaciro amasomo y’imyuga, kuko yerekana ahazaza hizewe mu rwego rw’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage.<o:p></o:p></span></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>RTB igiye gutanga buruse zisaga 2,100 ku mwaka w’amashuri wa 2025/2026</title>
<link>https://kpmedia24.com/rtb-igiye-gutanga-buruse-zisaga-2100-ku-mwaka-wamashuri-wa-20252026</link>
<guid>https://kpmedia24.com/rtb-igiye-gutanga-buruse-zisaga-2100-ku-mwaka-wamashuri-wa-20252026</guid>
<description><![CDATA[ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amashuri ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB) cyatangaje ko kigiye kongera umubare w’abazahabwa buruse muri gahunda ya TVET Scholarship Programme, aho abanyeshuri bashya 2,197 bazayihabwa mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202508/img_w860_68b02116277d25-31453267.jpg" length="373739" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Thu, 28 Aug 2025 11:28:08 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Iyi gahunda yatangijwe mu mwaka wa 2023, ishyigikiwe na Leta y’Ub<span style="mso-bidi-font-weight: bold;">udage binyuze muri KfW Development Bank</span>, igamije gutuma habaho <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">uburyo burambye kuri bose mu kubona uburezi bufite ireme mu mashuri ya tekiniki n’imyuga</span>, cyane cyane ku rubyiruko rufite amikoro make.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Nyuma y’izi buruse nshya, umubare w’abamaze kungukirwa n’iyi gahunda uzagera ku <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">banyeshuri 4,000</span>, bigaragaza ko intego yari yihaye mu ntangiriro igezweho. RTB ivuga ko iyi gahunda ari <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">ishoramari rikomeye mu kubaka urubyiruko rufite ubumenyi bujyanye n’isoko ry’umurimo</span>.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Iyi buruse izishyurira abanyeshuri <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">amafaranga y’ishuri n’ibindi bijyana na yo</span>, ikazahabwa abanyeshuri batsinze neza kandi bakomoka mu miryango ifite amikoro make, barangije <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Icyiciro Rusange (O’ Level)</span> kandi baziga imyaka<span style="mso-bidi-font-weight: bold;"> 3 mu mashuri ya tekiniki yatoranyijwe</span>.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';">Abazatoranywa bazamenyekana binyuze muri <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri mu Rwanda (NESA)</span>, hakurikijwe <span style="mso-bidi-font-weight: bold;">amanota y’ishuri n’imibereho y’umuryango</span>.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="mso-margin-top-alt: auto; mso-margin-bottom-alt: auto; text-align: justify; line-height: normal;"><span style="font-size: 12.0pt; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman';"><a href="https://www.rtb.gov.rw/index.php?eID=dumpFile&amp;t=f&amp;f=140597&amp;token=78e692155360876c0e5a94ed63923375a5877334">index.php</a> Hano urahasanga urutonde rw'amashami n'ibigo bizashyira mubikorwa uyu mushinga! </span></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Kirehe ku isonga mu mitsindishirize ariko impamvu nyamukuru iri ahandi</title>
<link>https://kpmedia24.com/kirehe-ku-isonga-mu-mitsindishirize-ariko-impamvu-nyamukuru-iri-ahandi</link>
<guid>https://kpmedia24.com/kirehe-ku-isonga-mu-mitsindishirize-ariko-impamvu-nyamukuru-iri-ahandi</guid>
<description><![CDATA[ Akarere ka Kirehe kaje ku isonga mu gutsindisha abanyeshuri barangije amashuri abanza n’icyiciro rusange(tron comun) bisoza umwaka w’amashuri 2024-2025. Uyu mwanya w’icyubahiro, ubuyobozi bw’Akarere buwufata nk’igisubizo cy’ubufatanye n’ingamba zikomeye zashyizwe mu burezi. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202508/img_w860_68a4bff5770bd8-97907479.jpg" length="70046" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Tue, 19 Aug 2025 20:19:33 +0200</pubDate>
<dc:creator>Olivier USHIZIMPUMU</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p class="MsoNormal" style="text-align: justify;"><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: Calibri; mso-bidi-theme-font: minor-latin;">Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe bwana Rangira Bruno yatangaje ko intsinzi yabonetse ari umusaruro w’uburyo bw’imikorere ishingiye ku gukurikirana hafi amasomo, imikoranire n’ababyeyi, ndetse no guhigana imihigo n’abarezi. <o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="text-align: justify;"><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: Calibri; mso-bidi-theme-font: minor-latin;">Yagize ati: “Gahunda yo gukurikiranira hafi ibijyanye n’uburezi mu mirenge, ndetse no gusinyana imihigo n’abarezi byagize uruhare rukomeye. Kuba turi imbere ntabwo bisobanuye ko tugiye gusinzira, ahubwo turimo kureba ahari icyuho kugira ngo tutazasubira inyuma.”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="text-align: justify;"><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: Calibri; mso-bidi-theme-font: minor-latin;">Izi ngamba zashyizwe mu bikorwa zifasha mu kurushaho kwita ku banyeshuri basigaye inyuma mu masomo, kubahugurira uburyo bwo gukora neza ibizamini, ndetse no gutanga amasomo y’inyongera aho byari ngombwa.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="text-align: justify;"><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: Calibri; mso-bidi-theme-font: minor-latin;">Nubwo aka Akarere <span style="mso-spacerun: yes;"> </span>kagaragaje imitsindishirize iri hejuru ku rwego <span style="mso-spacerun: yes;"> </span>rw’igihugu, ubuyobozi buvuga ko bugifite intumbero yo gukomeza gushyiraho politiki zishingiye ku ireme ry’uburezi kugira ngo bagume ku isonga.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="text-align: justify;"><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: Calibri; mso-bidi-theme-font: minor-latin;">Ati: “ tuzakomeza kunoza uburyo twakoreshaga ngo tugire uburezi buhamye ndetse turagerageza gukuramo ibyuho bike bigihari kugira ngo tutazasubira inyuma”<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="text-align: justify;"><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: Calibri; mso-bidi-theme-font: minor-latin;">Mu mibare akarere ka Kirehe kayoboye abandi mu byiciro byombi kuko nko mu bizamini bisoza amashuri abanza bagize 97.09% mu gihe mu kiciro rusange ho bagize 91.3%. ni mu gihe kandi imitsindishirize ku rwego rw’igihugu mu mashuri abanza iri ku kigero cya 94.7% <span style="mso-spacerun: yes;"> </span>mu gihe mu kiciro rusange ho biri kuri 92.1%.<o:p></o:p></span></p>
<p class="MsoNormal" style="text-align: justify;"><span style="font-size: 12.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: Calibri; mso-bidi-theme-font: minor-latin;">Muri rusange mu bizamini bisoza amashuri abanza hiyandikishije abanyeshuri 219,926 hasoza 219,900 naho mu kiciro rusange (Tronc Commun) hiyandikishije 148,702 hasoza 148,676<o:p></o:p></span></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Ubwenge buhangano (AI) si Umwanzi, ahubwo ni Umufatanyabikorwa &#45;Impuguke mu ikoranabuhanga</title>
<link>https://kpmedia24.com/ubwenge-buhangano-ai-si-umwanzi-ahubwo-ni-umufatanyabikorwa-impuguke-mu-ikoranabuhanga</link>
<guid>https://kpmedia24.com/ubwenge-buhangano-ai-si-umwanzi-ahubwo-ni-umufatanyabikorwa-impuguke-mu-ikoranabuhanga</guid>
<description><![CDATA[ Kutamenya imikoreshereze y’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) biri mu bituma urubyiruko rumwe rugaragaza impungenge ko rushobora kuzarukwaho n&#039;akazi, mu gihe abafata iya mbere mu kurukoresha neza basanga ari amahirwe yo guhanga no guteza imbere imishinga. Abahanga mu by’ikoranabuhanga bagasaba ko iryo koranabuhanga ridakwiye gufatwa nk’irije gusimbura abantu ahubwo rigafatwa nk’umufasha mushya mu kazi ka buri munsi. ]]></description>
<enclosure url="https://kpmedia24.com/uploads/images/202508/img_w860_6890ced1d45489-13390347.jpg" length="103147" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Mon, 04 Aug 2025 17:17:05 +0200</pubDate>
<dc:creator>Rusagara Muvunankiko Valens</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Mu gihe isi ikomeje gutera imbere mu ikoranabuhanga, abasesenguzi basanga ari umwanya mwiza ku rubyiruko rwo mu Rwanda n’ahandi ku isi kwiga no kumenya gukoresha Ubwenge buhangano (AI), kugirango ruze ku isonga mu guhanga imirimo, kurushaho guhanga udushya no guhatana ku isoko ry’umurimo ryo mu bihe biri imbere<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Mukeshimana Neema, ni umukobwa ukorera mu mujyi wa Kigali, avuga ko kuba urubyiruko rufite amahirwe yo kubona ibikoresho by’ikoranabuhanga riborohereza mu mishinga yabo, ari amahirwe adasanzwe kuri iyi si irimo ihangana rikomeye ry’umurimo.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Ati: “<strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">Iyo ukoresheje ubwenge buhangano neza, ubuzima buroroha ndetse bigahesha umuntu umwanya wo gutekereza byinshi ku iterambere ry’umushinga we aho kubivunikiramo</span></strong>,” <o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Manzi Bernard, we avuga ko ababona AI nk’iterabwoba baba bayibeshyaho kuko ibafasha kwihuta no gutanga serivisi zinoze.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">“<strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">Nk’umuntu ukiri mu rugendo rwo kubaka ubucuruzi buhamye, AI ituma tugabanya ikiguzi kandi tugatanga serivisi zihuse. Ahubwo uyifata nk’umwanzi aba yibeshya</span></strong>,” <o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Uwineza Joseph, umwarimu w’Ikoranabuhanga muri <em>Rwanda Polytechnic mu ishami rya Musanze</em>, asanga ikibazo atari ubwenge buhangano ubwabwo ahubwo ari ubumenyi bucye buhari ku ikoreshwa ryabwo.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">“<strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">AI ntabwo ije gusimbura umuntu ahubwo ni igikoresho cyorohereza umuntu. Iyo utayizi niyo igusimbura, ariko iyo uyizi uyifata nk’umufasha mu bikorwa byawe</span></strong>,”</span></p>
<p><img src="https://kpmedia24.com/uploads/images/202508/img_w860_6890ce4cae3224-24652086.jpg" alt=""><em><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;"><span style="font-size: 11.0pt; line-height: 107%; font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-fareast-font-family: Calibri; mso-fareast-theme-font: minor-latin; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi; mso-ansi-language: EN-US; mso-fareast-language: EN-US; mso-bidi-language: AR-SA;">Uwineza Joseph, umwarimu w’Ikoranabuhanga muri <span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; mso-bidi-font-family: 'Times New Roman'; mso-bidi-theme-font: minor-bidi;">Rwanda Polytechnic/ishami rya Musanze</span></span></span></em></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Uwineza kandi yasabye urubyiruko kumenya gukoresha AI kuko aribyo bizatuma babasha guhangana n’impinduka. Ati: “Turifuza ko urubyiruko rwacu rwazirikana cyane ko izo gahunda zose zishingiye kuri AI zitaje kudusimbura ahubwo tukamenya icyo twebwe tugiye kuyibaza n’icyo dushaka ko idufasha, mbese tukayikoresha aho kugirango idukoreshe”<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Ubushakashatsi bwakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku murimo (ILO) mu 2023, bwagaragaje ko 60% by’imirimo ikorerwa mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere ishobora kugerwaho n’ubwenge buhangano. Na ho raporo ya <em>McKinsey Global Institute</em> yiswe “<em>The State of AI</em>”, yerekanye ko uko ikoreshwa ry’ubu bwenge rizagenda ryiyongera, ari nako rizatanga amahirwe mashya y’akazi agera kuri miliyoni 97 ku Isi hose bitarenze mu 2030.<o:p></o:p></span></p>
<p style="text-align: justify;"><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif;">Mu Rwanda, imibare ya <em>MasterCard Foundation</em> yo mu mwaka wa 2024 igaragaza ko <strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">72%</span></strong><strong> </strong><strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">by’urubyiruko rwifuza guhanga imirimo ikoresha AI mu myaka 5 iri imbere</span></strong>, ariko <strong><span style="font-family: 'Verdana',sans-serif; font-weight: normal; mso-bidi-font-weight: bold;">abafite ubumenyi buhagije kuri AI batageze kuri 35%</span></strong><b style="mso-bidi-font-weight: normal;">.</b><o:p></o:p></span></p>]]> </content:encoded>
</item>

<item>
<title>Europa League yageze muri 1/2: Manchester United yasezereye Lyon mu mukino w’indyankurye</title>
<link>https://kpmedia24.com/europa-league-yageze-muri-12-manchester-united-yasezereye-lyon-mu-mukino-windyankurye</link>
<guid>https://kpmedia24.com/europa-league-yageze-muri-12-manchester-united-yasezereye-lyon-mu-mukino-windyankurye</guid>
<description><![CDATA[ Igitego cya Harry Maguire cyo ku munota wa nyuma cyahesheje Manchester United FC itike ya 1/2 cya UEFA Europa League yiyushye akuya nyuma yo gutsinda Olympique Lyonnais ibitego 5-4, ikayikuramo ku giteranyo cy’ibitego 7-6. ]]></description>
<enclosure url="https://igihe.com/local/cache-vignettes/L1000xH1000/goxfe31wuaaadat-a9478.jpg" length="49398" type="image/jpeg"/>
<pubDate>Fri, 18 Apr 2025 05:31:40 +0200</pubDate>
<dc:creator>EDITOR</dc:creator>
<media:keywords></media:keywords>
<content:encoded><![CDATA[<p>Ni mu mikino yo kwishyura ya ¼ cy’irushanwa rya Europa League yabaye mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu, tariki ya 17 Mata 2025.</p>
<p>Manchester United FC yari yakiriye Olympique Lyonnais kuri Stade ya Old Trafford, itangira neza cyane ko yari n’imbere y’abakunzi bayo.</p>
<p>Ku munota wa 10 w’umukino yari yamaze kubona igitego cya mbere, cyatsinzwe na Manuel Ugarte waherejwe umupira neza na Alejandro Garnacho.</p>
<p>Manchester United FC yakomeje kwitwara neza, ndetse ku burangare bwa ba myugariro ba Olympique Lyonnais, Diogo Dalot ashyiramo igitego cya kabiri.</p>
<p>Ni igitego cyagiyemo ku munota wa mbere w’inyongera y’igice cya mbere, amakipe yombi ajya mu karuhuko Manchester United FC iyoboye umukino.</p>
<p>Mu cya kabiri, Olympique Lyonnais yagitangiye ishaka kwishyura ibitego yatsinzwe, ndetse ku munota wa 54 itangira kubigerageza ubwo Corentin Tolisso yateraga ishoti rikomeye ariko ku bw’amahirwe make André Onana akawufata.</p>
<p>Byasabye umunota wa 71, kugira ngo iyi kipe yo mu Bufaransa ibe ibonye igitego cya mbere cyatsinzwe na Tolisso, wari uhawe umupira na Alexandre Lacazette winjiye mu kibuga asimbuye Veretout Jordan.</p>
<p>Iki gitego cyagaruye iyi kipe mu mukino, ndetse ku munota wa 77 ibona icya kabiri cyashyizwemo na Nicolas Tagliafico nyuma y’uburangare bwa ba myugariro ba Manchester United.</p>
<p>Ku munota wa 88, Corentin Tolisso wa Olympique Lyonnais yahawe ikarita itukura nyuma yo gukorera ikosa Yoro Leny wari ushatse kumunyuraho agana mu rubuga rw’amahina.</p>
<p>Amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2 mu minota 90 biba ngombwa ko hongerwaho indi 30 yo kwikiranura. Umukino ugeze ku munota wa 105, Rayan Cherki yarekuye ishoti rikomeye umunyezamu Onana ntiyamenya aho rinyuze, ashyira mu izamu igitego cya gatatu.</p>
<p>Yoro Leny yahawe ikarita y’umuhondo ku munota wa 108 amaze gukorera ikosa Malick Fofana wari mu rubuga rw’amahina, umusifuzi w’Umusiwisi Sandro Schärer atanga penaliti yatewe neza na Alexandre Lacazette yinjiza igitego cya kane cya Olympique Lyonnais.</p>
<p>Ibintu byasaga n’ibirangiye, ariko mu gice cya kabiri cy’inyongera Manchester United yakoze ibitangaza itsinda ibitego bitatu mu minota irindwi gusa.</p>
<p>Hari icyavuye kuri penaliti yatewe na Bruno Fernandes nyuma y’ikosa ryakorewe Casemiro mu rubuga rw’amahina ku munota wa 114. Kobbie Maino ashyiramo ikindi ku wa 120, mu gihe icy’agashinguracumu cyashyizwemo na Harry Maguire ku munota wa 120+1.</p>
<p>Ibitego bitanu kuri bine byatumye iyi kipe ibona intsinzi igoranye, ndetse ihita inakatisha itike ya ½ ku giteranyo cy’ibitego 7-6.</p>
<p>Mu yindi mikino yabaye harimo uwa Tottenham Hotspur yo mu Bwongereza yatsinze Eintracht Frankfurt yo mu Budage igitego 1-0, igakomeza muri ½ ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi.</p>
<p>Lazio yo mu Butaliyani yanaiwe kwihagararaho ubwo yakiraga FK Bodø/Glimt yo muri Norvège. Lazio yishyuye ibitego 2-0 yari yatsinzwe mu mukino ubanza ndetse irenzaho ikindi ku bw’amahirwe make FK Bodø/Glimt iyibonamo ikindi zombi zijya muri penaliti.</p>
<p>Lazio yahushije penaliti zayo bituma FK Bodø/Glimt iyisezerera kuri penaliti 3-2.</p>
<p>Athletic Club yo muri Espagne yageze muri ½ nyuma yo gutsinda Rangers F.C. yo muri Ecosse ibitego 2-0, dore ko amakipe yombi yari yanganyije 0-0 mu mukino ubanza.</p>
<p><strong>Uko amakipe azahura muri ½</strong></p>
<p><span class="spip-puce ltr"><b>–</b></span> Athletic Club vs Manchester United<br><span class="spip-puce ltr"><b>–</b></span> Tottenham vs FK Bodø/Glimt</p>
<p><img src="https://igihe.com/local/cache-vignettes/L1000xH1250/gowwhcqxyaakuwv-a003b.jpg?1744961372"></p>]]> </content:encoded>
</item>

</channel>
</rss>