Rayon Sports yanditse amateka itwara CECAFA Kagame Cup 2026.

Ikipe ya Rayon Sports yafashije Abayikunda kwizihiza neza umuganura yegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026 cyakinirwaga i Kigali kuva tariki 24 Nyakanga 2026 kugeza tariki 7 Kanama 2026.

Rayon Sports yanditse amateka itwara CECAFA Kagame Cup 2026.

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru, yegukanye iki gikombe itsinze ikipe ya Gor Mahia yo mu gihugu cya Kenya ibitego 2-1. 

Ikipe ya Rayon Sports, yageze kuri iyi nsinzi hifashishijwe iminota 30 y’inyongera, dore ko iminota 90 isanzwe y’umukino, yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Ikipe ya Rayon Sports, ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na rutahizamu wayo Junior Kameni ku munota wa 27, ariko kiza kwishyurwa ku ruhande rwa Gor Mahia na Sharif Sabuni Sirengo ku munota wa 53 w’umukino. 

Ubwo hari hongeweho iminota 30 y’inyongera, ikipe ya Rayon Sports yabonye igitego cya kabiri cyatsinzwe na Daniel Muhoza ku munota wa 98, ari na ko umukino waje kurangira.

Uyu mukino, wabanjirijwe n’umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu wahuje ikipe ya Al-Hilal yo muri Sudan ndetse na Jamus yo muri Sudan y’Amajyepfo, aho uyu mwanya wegukanywe na Al-Hilal itsinze Jamus ibitego 2-1. 

Umukino wa nyuma wahuje Rayon Sports na Gor Mahia, wanitabiriwe na Minisitiri w’intebe Justin Nsengiyumva, ari na we watanze ibihembo ku makipe yitwaye neza muri iri rushanwa.

Uretse Minisitiri w’intebe, hari benshi mu bayobozi batandukanye bo mu nzego zitandukanye z’igihugu bahaye Rayon Sports ubutumwa bw’insinzi. Bamwe muri bo ni Minisitiri w’ubuzima Sabin Nsanzimana, Minisitiri w’imikino Nelly Mukazayire, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’imikino Rwego Ngarambe n’abandi banyuranye.

Uretse abo, hari na bamwe mu bahoze mu nshingano na bo boherereje Rayon Sports ubutumwa bw’insinzi. Muri bo, harimo Diane Gashumba wabaye Minisitiri w’ubuzima, Aurore Munyangaju Mimosa wabaye Minisitiri w’imikino, Anastase Shyaka wabaye Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu n’abandi banyuranye.

Rayon Sports, yaherukaga kwegukana igikombe cya CECAFA cy’amakipe mu mwaka wa 1998, ubwo yatsindaga Mlandege yo muri Zanzibar ibitego 2-1, ari na cyo gikombe rukumbi yari yaratwaye.

Ikipe ya Rayon Sports, ni bwo bwa mbere itwariye igikombe cya CECAFA ku butaka bw’u Rwanda, kandi ni na bwo bwa mbere yegukanye iki gikombe kuva cyatangira guterwa inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuva mu mwaka wa 2002.

Uretse kuba Rayon Sports yegukanye iki gikombe, yanahawe igihembo cy’ibihumbi 30 by’Amadolari, naho Gor Mahia yabaye iya kabiri ihembwa ibihumbi 20 by’Amadolari, naho Al-Hilal yabaye iya gatatu yo ihembwa ibihumbi 10 by’Amadolari.

Share