Umupolisi yishwe nyuma y’iminsi akora iperereza

Muri Afurika y’Epfo, umupolisi wo ku rwego rwa kapiteni yishwe nyuma y’iminsi akora iperereza ku rupfu rw’uwahoze ari Meya w’umujyi wa Knysna, Aubrey Tsengwa.

Umupolisi yishwe nyuma y’iminsi akora iperereza
Umupolisi yishwe nyuma y’iminsi akora iperereza

Uyu mupolisi w’imyaka 50 yarashwe arapfa mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Kanama 2026, ubwo yari mu gikorwa cy’igipolisi muri Knysna. Nk’uko tubikesha igitangazamakuru SABC News cyo muri Afurika y’Epfo, uyu kapiteni yari mu itsinda ryakoraga iperereza ku rupfu rwa Tsengwa ndetse n’izindi mpfu zari zabaye mu cyumweru gishize.

Raporo ya SABC News ivuga ko uyu mupolisi n’abandi bari mu gikorwa cyo gukurikirana amakuru yatanzwe ku bantu bakekwaho gutunga imbunda mu buryo butemewe. Abapolisi bageze mu gace ka Sewende Laan, havuka kurasana hagati yabo n’umwe mu bakekwaho ibyo bikorwa, maze uyu mupolisi ndetse n’uwo bakekwagaho bombi barapfa.

Urupfu rw’uyu mupolisi rubaye mu gihe iperereza ku rupfu rwa Aubrey Tsengwa rikomeje. Tsengwa, wari umujyanama w’ishyaka African National Congress (ANC) akaba n’uwahoze ari Meya wa Knysna, yarashwe ku wa 19 Kanama 2026 ubwo yari atashye.

Inzego z’umutekano muri Afurika y’Epfo zikomeje gukurikirana ibyabaye, mu gihe iperereza ku rupfu rw’umupolisi ndetse n’urwa Tsengwa rikomeje.

Share