Mu Bufaransa hibwe ibihangano bya Renoir bifite agaciro ka miliyoni 9 z’amayero
Mu Bufaransa, abajura binjiye mu Nzu Ndangamurage ya Renoir iri mu mujyi wa Cagnes-sur-Mer, mu majyepfo y’igihugu, maze bibamo ibihangano by’ubugeni bifite agaciro kagereranywa na miliyoni 9 z’amayero.
Ubu bujura bwabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Nzeri 2026, aho abantu babiri binjiye muri iyo nzu ndangamurage mbere gato ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo. Batwaye ibihangano bine, ariko bibiri muri byo byaje gusigara mu gihe bahungaga, mu gihe ibindi bikomeje gushakishwa.
Impuruza yo muri iyo nzu ndangamurage yatangiye gukora ahagana saa 5:48 za mu gitondo, polisi ihagera nyuma y’iminota mike. Abashinzwe iperereza bakomeje kureba amashusho ya kamera z’umutekano kugira ngo bamenye neza abakoze ubu bujura n’aho bahungiye.
Iyo Nzu Ndangamurage ya Renoir iri mu nzu umuhanzi w’Umufaransa Pierre-Auguste Renoir yabayemo. Renoir yari umwe mu bahanzi bakomeye bazwi cyane mu rugendo rw’ubugeni rwa Impressionism, kandi iyo nzu ibitse ibihangano n’ibindi bintu bifitanye isano n’ubuzima bwe n’umurimo we.
Kandi ubu ntabwo ari ubwa mbere u Bufaransa bubasirwa n’ubujura bw’ibihangano bikomeye. Mu Ukwakira 2025, abajura binjiye mu Nzu Ndangamurage ya Louvre i Paris, aho batwaye imitako y’agaciro gakomeye yari ifitanye isano n’amateka y’ubwami bw’u Bufaransa.
Ubu bujura bushya bw’ibihangano bya Renoir bwongeye gutuma hibazwa ku mutekano w’inzu ndangamurage zo mu Bufaransa, cyane cyane mu gihe igihugu gikomeje guhura n’ubujura bw’ibihangano n’ibindi bintu by’agaciro.