Nasser Al-Khelaifi Ari Gukorwaho Iperereza mu Bufaransa.
Nasser Al-Khelaifi, Perezida w’ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa akaba na Perezida w’ikigo cy’itangazamakuru cyo muri Qatar cyitwa beIN Media Group, ari gukorwaho iperereza ry’ibanze mu Bufaransa kubera gukekwaho gushaka kwigwizaho inyungu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iri perereza, rihuzwa n’itangwa ry’uburenganzira bwo kwerekana imikino ya Shampiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa (Ligue 1) kuri za Televiziyo.
Iperereza ryatangijwe n’Ubushinjacyaha bw’i Paris, rishyirwa mu maboko y’Ishami rishinzwe kurwanya ruswa mu by’imari. Ryatangiye nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umuryango urwanya ruswa mu Bufaransa (Anticor).
Ibyo abashinzwe iperereza barimo gukurikirana, bifitanye isano n’inama yabaye muri Nyakanga mu mwaka wa 2024 ku burenganzira bwo kwerekana imikino ya Ligue 1. Muri icyo gihe, Al-Khelaifi yari afite imyanya myinshi. Yari Perezida wa PSG, akaba Perezida wa beIN Media Group ndetse yari n’umwe mu bagize Inama y’Ubuyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru w’Ababigize Umwuga mu Bufaransa (LFP).
Urwego rwa Anticor, ruvuga ko kuba Al-Khelaifi yari afite iyo myanya yose, bishobora kuba byaramuhaye uburyo bwo kugira uruhare mu byemezo bya LFP ku bijyanye n’itangwa ry’uburenganzira bwo kwerekana imikino ya Ligue 1, ku buryo byari gufasha beIN Sports ayobora. Icyo ni cyo abashinzwe iperereza bari gusuzuma.
Mu mwaka wa 2024, ishyirahamwe rya LFP ryari riri mu biganiro n’ibitangazamakuru bitandukanye, kugira ngo bihabwe uburenganzira bwo kwerekana imikino ya Ligue 1. Amaherezo, uburenganzira bwagabanyijwe ibitangazamakuru bya DAZN na beIN Sports. Ayo masezerano, yemereraga igitangazamakuru cya beIN Sports kwerekana umukino umwe wa Ligue 1 buri cyumweru, na cyo kigatanga miliyoni 100 z’amayero kuri buri mwaka w’imikino.
Iryo perereza, rishingiye ku kirego urwego rwa Anticor rwagejeje ku Bushinjacyaha bw’i Paris ku wa 3 Werurwe 2026. Urwo rwego, ruvuga ko Al-Khelaifi ashobora kuba yarakoresheje imyanya yari afite kugira ngo agire uruhare mu cyemezo cyo guha beIN Sports ubwo burenganzira.
Ku rundi ruhande, itsinda ry’abanyamategeko ba Al-Khelaifi bahakanye ibyo birego, bavuga ko ikirego cy’urwego rwa Anticor kidafite ishingiro.
Gufungura iri perereza ntibivuze ko Al-Khelaifi yahamijwe icyaha. Iperereza rigamije gusuzuma niba koko hari ibyaha byakozwe, no kumenya uko ibyemezo bijyanye n’uburenganzira bwo kwerekana imikino ya Ligue 1 byafashwe mu mwaka wa 2024.