Uturere 12 twiyongereye mu duhabwa nkunganire ya leta ku ishwagara ikoreshwa mu buhinzi

Abahinzi bo mu turere dutandukanye baravuga ko bishimiye icyemezo cya Leta cyo kubashyiriraho nkunganire ya 40% ku giciro cy’inyongeramusaruro izwi nk’ishwagara, bari basanzwe bishyura ku kigero cya 100%. Ubu, Leta izajya ibafasha kwishyura igice cy’ayo mafaranga kugira ngo igabanye igishoro mu buhinzi.

Uturere 12 twiyongereye mu duhabwa nkunganire ya leta ku ishwagara ikoreshwa mu buhinzi

Murorunkwere Letitia, umuhinzi wo mu Ntara y’Amajyaruguru, yagize ati:
“Twamenye amakuru y’uko Leta yadushyiriyeho nkunganire ku ishwagara twari dusanzwe twishyura 100%, biradushimishije kuko igishoro mu buhinzi kirimo kugabanuka. Ubu ikiro twishyuraga 100 Frw tugiye kujya tukishyura 60 Frw, Leta idufasheho 40.”

Na Sibomana Jean Baptiste wo mu Karere ka Rulindo, yunzemo agira ati:
“Iyi ni inkuru nziza kuba aka karere kashyizwe mu turere twahawe nkunganire ku ishwagara. Ubundi twajyaga duhabwa nkunganire ku mbuto z’ibigori no ku ifumbire mvaruganda, ariko ishwagara tukayigura 100%. Hari n’abantu batajyaga bayikoresha kubera ko ihenze, none bagiye kuyikoresha. Turizera ko umusaruro ugiye kwiyongera.”

Dr Uwamahoro Florence, Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe Ubuhinzi mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), asobanura ko icyemezo gishingiye ku bushakashatsi bwakozwe bukagaragaza ibice bikeneye kongerwamo ishwagara kubera ko ubutaka bwaho bufite ubusharire bwinshi.


Ati: “Hakurikijwe ubushakashatsi ku miterere y’ubutaka bw’u Rwanda, byagaragaye ko hari uturere tugomba kwiyongera mu duhabwa ishwagara kugira ngo tugabanye ubusharire bw’ubutaka. Iyo ubutaka bufite ubusharire, inyongeramusaruro zose washyiramo ntacyo zikora. Ni yo mpamvu twongereye uturere duhabwa nkunganire, dukava ku 10 tugera kuri 22.”

Dr Uwamahoro Florence, Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ubuhinzi muri RAB

Dr Uwamahoro yasabye kandi abahinzi gutegura neza ubutaka kugirango bitegure neza umuhindo. Ati: “Ndibutsa abahinzi gutegura neza ubutaka muri iki gihe kugira ngo imvura y’umuhindo nigera hasi ihagije bazashobore guhinga neza, ndetse no kwiyandikisha vuba muri Smart Nkunganire kugira ngo babone inkunga ku gihe.”

Uturere twari dusanzwe duhabwa nkunganire ku ishagara ni uturera 10 turimo Nyamagabe, Nyaruguru, Nyanza, Gakenke, Gicumbi, Karongi, Ngororero, nyamasheke, Rusizi ndetse n’akarere ka Rutsiro.

Nyuma y’ubushakashatsi byagaragaye ko hari n’utundi turere dukeneye gukoresha ishwagara mu buhinzi ari nayo mpamvu hongewemo uturere 12 duzahabwa nkunganire ku ishwagara aritwo Muhanga, Ngoma, Kayonza, Kirehe, Huye, Gisagara, Ruhango, Nyabihu, Burera, Musanze, Rulindo na Gasabo

Iyi nkunganire nshya izafasha abahinzi b’u Rwanda kugabanya igishoro no kongera umusaruro, cyane cyane mu turere twari dufite ubusharire bw’ubutaka, ibi bikaba ari intambwe ikomeye mu guteza imbere ubuhinzi burambye.

Share