Sitade mpuzamahanga ya Huye izafungurwa mu Ntangiriro za Nzeri.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire (RHA), cyatangaje ko Sitade mpuzamahanga ya Huye izongera gukoreshwa mu ntangiriro za Nzeri uyu mwaka, nyuma y’uko ibikorwa byo kuyisana bizaba bimaze kurangira.

Sitade mpuzamahanga ya Huye izafungurwa mu Ntangiriro za Nzeri.

Bimwe mu bikorwa byo gusana iyi sitade byakozwe, harimo gushyiramo ubwatsi bushya bw’ubukorano, ndetse no gushyiraho uburyo bugezweho bwo kubuvomerera. 

Ubundi, iyi sitade yakagombye kuba yaratangiye gukoreshwa nyuma ya tariki 16 Kanama 2026, ariko ntibyabaye ku bw’impamvu za tekiniki, nk’uko ikigo cy’igihugu cy’imiturire cyabitangaje. 

Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiturire Alphonse Rukaburandekwe, yavuze ko nubwo mu buryo butateganyijwe impamvu za tekiniki zatumye iyi sitade idakoreshwa ku itariki yari yagenwe, iki gikorwaremezo kizaboneka vuba. Yagize ati, “Twagize imbogamizi zishingiye kuri tekiniki zatumye habaho gukererwa kurangiza ibikorwa byo gusana Sitade mpuzamahanga ya Huye nk’uko byari biteganyijwe ko bitagombaga kurenga tariki 16 Kanama 2026, ariko twagiranye amasezerano na Rwiyemezamirimo ko ibikorwa byose birimo n’ubwatsi bugomba gushyirwa mu kibuga, bizaba byarangiye mu ntangiriro za Nzeri.”

Yongeyeho ati, “Nyuma yo kurangira kw’ibyo bikorwa, Sitade mpuzamahanga ya Huye, izaba ifunguye kandi ishobora gukoreshwa.”

Umuyobozi mukuru w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Mukura Victory Sports Protais Musoni, yavuze ko ifungwa ry’agateganyo ry’iyi sitade, ryagize ingaruka zinyuranye ku ikipe, zirimo izishingiye ku mutungo ndetse n’izishingiye ku kwitwara neza mu marushanwa iyi kipe yitabiriye mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/2026. 

Protais Musoni, yavuze ko iyi kipe yahombye Miliyoni 40 z’Amafaranga y’u Rwanda, yari kuva ku mikino iyi kipe yakiriye, ndetse n’abafana bagombaga kwitabira imikino y’iyi kipe baragabanuka, kuko Mukura Victory Sports yagombaga kwakirira imikino yayo ku bindi bibuga. Yagize ati, “Abafana bazaga kuri sitade, bagabanutseho 70 ku ijana kuri buri mukino, ndetse ibi binagira ingaruka ku buryo ikipe yitwaye mu marushanwa, kuko twasabwaga kwakirira imikino ku bindi bibuga, aho tutashoboraga kubyaza umusaruro inyungu yo kuba twakiriye imikino yacu mu rugo.”

Yakomeje agira ati, “Mu by’ukuri, kuba tutarabonye amafaranga menshi ku mikino twakiriye, ni cyo gihombo gikomeye twagize.” 

Musoni Protais, yongeyeho ko sitade mpuzamahanga ya Huye nifungurwa, bizongerera akanyabugabo ikipe ya Mukura Victory Sports, kuko izaba ifite byinshi itabonaga mu gihe yakiniraga ku kibuga cya Kamena. Yagize ati, “Sitade mpuzamahanga ya Huye izaduha inyungu nyinshi, ugereranyije n’ikibuga cya Kamena twakoreshaga.”

Yakomeje agira ati, “Kongera gufungura iyi sitade mu gihe tugiye gutangira umwaka mushya w’imikino, bizadufasha kongera kugarura ukwitwara neza kw’ikipe, twongere tugarure abafana bacu ku kibuga kigari, kandi twongere n’amafaranga twinjiza avuye ku mikino twakiriye.” 

Mu gihe umwaka w’imikino wa 2026/2027 wegereje, ifungurwa ry’Sitade mpuzamahanga ya Huye rizakorwa, na Mukura Victory Sports ihite iyakiriraho umukino wa Shampiyona wa BK Pro League, aho izacakirana n’ikipe ya Gasogi United.

Share