U Rwanda rugiye kwakira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026

U Rwanda rwongeye kwakira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, ryari ritegerejwe n'abakunzi b'umupira w'amaguru bo mu Rwanda no mu bihugu bigize Umuryango wa CECAFA. Biteganyijwe ko iri rushanwa rizabera i Kigali, rikazahuza amakipe akomeye aturutse mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba no Hagati mu guhatanira igikombe.

U Rwanda rugiye kwakira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026
U Rwanda rugiye kwakira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026


Imikino izabera kuri Sitade Amahoro n'ibindi bibuga byateganyijwe, aho amakipe azahatana agamije kwegukana igikombe ndetse no kwigaragaza ku rwego rw'akarere. Abategura iri rushanwa batangaje ko imyiteguro yose yamaze kurangira, harimo kwakira amakipe, gutunganya ibibuga no gushyiraho ingamba z'umutekano kugira ngo irushanwa rizagende neza.

Iri rushanwa ryatangiye gukinwa ku mugaragaro mu 1974, rikaba rimaze kuba inshuro 48. Mu mateka yaryo, ryakiriwe n’ibihugu bitandukanye birimo u Rwanda, Tanzania, Uganda, Kenya, Sudani, Ethiopia na Zanzibar. Kuva mu 2002 ryatangiye kwitwa CECAFA Kagame Cup nyuma yo guterwa inkunga na Perezida Paul Kagame. Mu mwaka ushize wa 2025, irushanwa ryabereye muri Tanzania, ryegukanwa na Singida Black Stars yo muri Tanzania nyuma yo gutsinda Al Hilal SC yo muri Sudani ku mukino wa nyuma.

CECAFA Kagame Cup ni rimwe mu marushanwa afite amateka akomeye mu mupira w'amaguru wo mu Karere ka Afurika y'Iburasirazuba no Hagati. Uretse guhuza amakipe atandukanye, iri rushanwa rinatanga amahirwe ku bakinnyi n'abatoza yo kwigaragaza, rikanafasha guteza

Abakunzi ba siporo mu Rwanda no mu bindi bihugu biteze imikino ihangana kandi irimo ishyaka, mu gihe iri rushanwa rikomeje kuba kimwe mu bikorwa bya siporo bikurikirwa cyane muri aka karere. imbere impano no gukomeza guteza imbere umupira w'amaguru mu karere.

Share